Abarenga 200 bishwe n'ihirima ry'ikirombe i Rubaya – ibivugwa n'abategetsi ba M23

Ifoto ifatiwe mu kirere igaragaza ibikorwa by'ubucukuzi bw'amabuye y'agaciro i Rubaya, aho ubutaka bwaho bugizwe n'imisozi - kandi bumeze gacye nk'ubukozemo amaterase. Ubutaka ni ikigina gacye, bumwe burijimye naho ubundi bujya kugira ibara rya 'orange'. Amatsinda menshi y'abacukuzi araboneka ari kure ari mu kazi hejuru ku birombe. Hari ikirombe kimwe kiriho ibati. Hirya kure hari imirima itohagiye.

Ahavuye isanamu, Hassan Lali / BBC

Insiguro y'isanamu, Abaganiriye na BBC bavuga ko iki kirombe, ubu kigenzurwa n'inyeshyamba za M23, kititabwaho neza
    • Umwanditsi, Paul Njie

Abategetsi bo mu nyeshyamba za M23 mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo (DRC) bavuga ko abantu barenga 200 bapfuye nyuma yuko ikirombe gicukurwamo amabuye y'agaciro gihirimye mu mujyi wa Rubaya ukungahaye ku mabuye y'agaciro.

Lumumba Kambere Muyisa, umuvugizi wa guverineri w'intara ya Kivu ya Ruguru, yabwiye ibitangazamakuru ko ibice byo hejuru by'icyo kirombe byahubukiye mu kirombe ku wa gatatu kubera imvura nyinshi, icyo gihe umubare w'abapfuye ukaba utari uzwi.

Abacukuzi b'amabuye y'agaciro mu buryo bwa gakondo, abagore n'abana, ni bamwe mu bapfuye, mu gihe abarokotse bagera hafi kuri 20 bivugwa ko barimo kuvurirwa ku bitaro.

Mu itangazo yasohoye, leta ya DRC yavuze ko yababajwe cyane n'ibyabaye, yihanganisha ababuze ababo, ivuga ko ibyabaye ari "ingaruka y'ubucukuzi bwa kinyamaswa kandi bunyuranyije n'amategeko bukorwa n'u Rwanda na M23/AFC".

U Rwanda ruhakana gusahura umutungo kamere wa DRC.

Leta ya DRC yavuze ko guhera muri Gashyantare (2) mu 2025, iteka rya minisitiri ryategetse ko akarere k'ubucukuzi bw'amabuye y'agaciro ka Rubaya katemerewe gucukurwamo kuko nta buryo bw'umutekano na bucye buhari ku bacukuzi, yibutsa ko no muri Kamena (6) mu 2025 abasivile barenga 300 bapfuye i Rubaya mu buryo nk'ubwo.

Uwahoze agenzura ako gace gacukurwamo amabuye y'agaciro yabwiye BBC ko icyo kirombe kititabwaho neza, ibyo bigateza imbogamizi mu gutabara abagize impanuka nk'izo cyangwa mu kwirinda ko zibaho.

Uwo mugabo yongeyeho ko kuba ubutaka bwaho bworohereye bituma ibintu bigorana kurushaho.

Skip podcast promotion and continue reading
WhatsApp channel ya BBC Gahuza

Amakuru ya BBC Gahuza ako kanya kuri WhatsApp yawe

Kanda hano ujyeho

End of podcast promotion

Umuntu wapfushije mubyara we muri iyo nkangu (ihirima ry'ubutaka) yavuze ko yumiwe, avuga ko ari "igihombo gikomeye" ku bo mu muryango we no ku baturage bo muri ako gace.

Uwo utifuje gutangazwa izina yabwiye BBC ati: "Sinatekerezaga ko ashobora gupfa mu buryo nk'ubu." Yavuze ko yari "intwari" akaba n'umugabo "ugira intego", wari ufite intego nkuru yo kubonera umugore we n'abana be babiri ikibatunga.

Uwo mwenewabo yongeyeho ati: "Sinabyemeraga kuko amaperereza yari agikomeje. Nyuma y'impanuka umurambo we ntiwabonetse, rero rwose nari mfite icyizere ko ashobora kuba ari muzima. Ikibabaje ni uko, amasaha macye nyuma yaho, umurambo we watahuwe."

Guverineri Erasto Bahati Musanga, washyizweho n'inyeshyamba za M23 nyuma yuko zifashe ibice binini byo mu ntara ya Kivu ya Ruguru, ku wa gatanu yasuye abarokotse iryo hirima ry'ikirombe.

Ibirombe by'i Rubaya birimo hafi 15% bya coltan yose icuruzwa ku isi, ndetse birimo kimwe cya kabiri cya coltan yose iboneka muri DRC. Iryo buye ry'agaciro ririmo tantalum yifashishwa mu gukora ibikoresho bya elegitoronike, nka telefone zigendanwa.

Ubwo itsinda rya BBC ryasuraga ikirombe cya Rubaya muri Nyakanga (7) mu mwaka wa 2025, ryabonye abacukuzi bakoresha intoki mu gucukura ayo mabuye y'agaciro.

Uburyo bw'imikorere kuri icyo kirombe bumeze nabi cyane, ibirombe birangaye (bifunguye hejuru) biteje ibyago bikaba bigiye biri henshi muri ako gace kanini k'ubucukuzi.

Kuva mu mwaka wa 2024, inyeshyamba za M23 zigenzura ibyo birombe. Umuryango w'Abibumbye washinje M23 gusoresha abakora mu rwego rw'ubucukuzi bw'amabuye y'agaciro, mu nyungu bwite z'izo nyeshyamba.